Thursday, November 29, 2012

Ukuwashaka akazi bitewe nuko wibona?

Imwe mu mirimo yashoborwa neza n’abantu bazi kuvuga

Byanditswe tariki : 2012-10-28 01:13:19    Share    Send this article by mail      

Niba kuvuga atari ikintu winginga kandi ukaba ubikunda, kwaka akazi wirirwa imbere ya computer wandika gusa bishobora kukubihira ugakora ako kazi ari ak’indonke gusa. Ibaze abantu uzi nka ba Kanyombya, Bushombe, Gasumuni, cyangwa abanyamakuru bazwi batandukanye iyo baza gukora akazi gatuma bahora bicaye batavuga cyangwa ari akazi k’ingufu kandi ariko kabasaba guceceka ! Nkeka ko bitari kubashimisha.
N’ubwo usanga tutabasha guhitamo akazi uko tubishatse dukurikije impano twibonamo, bitewe ahanini no gutinya ko katazadutunga, ntibyakubuza kugerageza amahirwe kuko abo byatunze si bake kandi bunguka uko babyifuza. Dore rero tumwe mu tuzi tubera abakunda kuvuga cyane (talkers) :
1. Marketing :
Abantu bakora aka kazi akenshi, basabwa kuba bazi kwemeza (convincing). Yaba yemeza abo mu kigo akorera, cyangwa abo ikigo kigurisha ibyo gikora cyangwa kigorisha, cyangwa yewe n’abo gihe serivisi. Ukora aka kazi aba ashinzwe gushimangira umubano hagati y’abo bantu n’ikigo, ndetse akanawubaka.
2. Ubunyamakuru
Ubunyamakuru buba burimo akazi gatandukanye.Ariko ni akazi gasaba ko umuntu aba ashabutse mu kuvuga. Yewe n’abakora mu itangazamakuru ryandika, kuko iyo bajya gushaka amakuru, bibasaba kuvugisha abantu batandukanye.
3. Ushinzwe kugurisha (Sales)
Ugurisha aba agomba kubaka umubano mwiza n’abaguzi, kuko atabikoze bakwigira ahandi bafatwa neza. Uyu mubano kandi awubaka haba mu kugurisha ndetse na nyuma yaho. NIba utiyizeyeho kuvuga bihagije, uziyakire akandi kazi kuko aka kazakubangamira cyangwa ukagakora utishimye.
4. Ubwarimu
Aka kazi, gasaba kubwira abo wigisha kandi ukabemeza ku buryo icyo ubigishije bagifata bukaba ubumenyi bushya. Ni akazi gasaba kuba uzi kuvuga, no gusobanura neza. Hafi 70% by’akazi k’umwarimu, ni ukuvuga.
5. umuyobozi muri za gym n’ahandi abantu bagana bashaka gukora sport : (fitness instructor/Personal coach...)
Aka kazi gasaba mbere na mbere kugirana umubano mwiza n’abakiriya, hakiyongeraho no kubatera courages (motivate) bari muri sport. Utavuze ngo ubakangure, ntibazakora neza sport uko ubishaka, bityo intego baje bafite ntibayigereho.
6. Public Relations
Aka kazi kajya gusa n’ak’ubunyamakuru, kuko ushinzwe Public relations yubaka ishusho y’ikigo imbere muri cyo ndetse no hanze yacyo cyane cyane yifashishije itangazamakuru n’ibindi bikora nkaryo (banners, affiches, bose babireba, …)
7. Abasosiyale (social workers)
Aba bashobora kuba abakangurambaga,, abajyanama, cyangwa n’abandi bose bakorana cyane na sosiyete banayifasha mu bibazo bitandukanye. Aba nabo akazi kabo gashingiye ku kuvuga no kumva, ndetse no gusobanurira imbaga n’ababagana ibijyanye n’imibanire, kurwanya indwara runaka, imyitwarire, …NIba kuvuga atari utuntu twawe, aka kazi kazakugora.
8. Receptionniste :
Niwe uhura n’abagannye ikigo bose. Agomba kuba yihanganira gusubiramo ibintu bimwe, no kuvuga hafi igihe cyose ari mu kazi.
9. MC (Master of Ceremony)
10. Umukinnyi cyangwa umuyobozi wa film
11. Umwunganizi mu rukiko (Avocat/attorney)
.
.
Twifashishije www.resumark.com na www.jobs.aol.com

kazi kashoborwa n’abantu badakunda kuvuga menshi

Byanditswe tariki : 2012-08-14 01:37:36    Share    Send this article by mail      



(photo internet)
Kuba utavuga amagambo menshi (Shyness/timidité) ntibivuze ko hari icyo byakubangamira mu gushaka akazi, cyane ko buri wese agira uko ateye ndetse n’ibyo akunda. Abantu bagira amagambo make, aba bitwa “Shy people” cyangwa “gens timides” ni abantu usanga batuje. N’ubwo usanga akenshi ari imimerere idakundwa, abayifite hari ibyiza ubasangana kandi biba bishakwa n’umukoresha. Muri byo twavuga nko kugira amakenga cyane, kudahubuka, gutuza, kubasha kwegerwa no kugirirwa icyizere ku buryo bworoshye, … Abantu bateye gutyo rero baberwa n’imirimo itabasaba guhura no kugirana ibiganiro n’impaka by’akazi n’abantu batandukanye. Harimo imirimo y’ubushakashatsi, ubutekinisiye, ndetse n’ubufasha ku bandi bakozi mu kigo. Muri iyo mirimo harimo :
1. Imali
Niba wiyizeraho kubara neza, akazi k’ubucungamali ntabwo gasaba cyane kujya guhura n’abantu benshi cyangwa gukoresha amanama. Ni ubushakashatsi ndetse n’impapuro cyangwa imashini. Ushobora kuba umukontabure (Accountant/comptable), Umusesenguzi mu by’imali (financial analyst), ushobora gukora mu ma banki mu mashami ashinzwe iby’imyenda (credit analyst), ndetse wavamo n’umugenzuzi w’imali mwiza,
2. Ikoranabuhanga
Mu ikoranabuhanga naho, wahisanga cyane kuko harimo byinshi bisaba akazi ko kwicara hamwe umuntu atajya guhura n’abantu benshi. Tuvuge nk’aba Software engineers, engineering technicians, computer systems analysts, ….
3. Ubuzima
Mu bijyanye no kubungabunga ubuzima bw’abantu cyangwa ubuvuzi, umuntu utavuga menshi naho ashobora kuhisanga aho ashobora gukora ibikurikira nko muri Laboratwari, agatera ikinya (anesthetist), agatanga imiti (pharmacist) agakora ubushakashatsi mu bijyanye n’imiti n’ubuvuzi (medical researcher)...
4. Marketing
Ushobora kubona marketing ukibaza niba umuntu utagira amagambo menshi yayishobora. Ariko burya marketing igira udushami dutandukanye, tumwe dushobora kudasaba amagambo menshi cyane uturebana n’ubushakashatsi. Muri two twavuga nka marketing research analyst, Internet Marketing analysts, marketing copywriter …
5. Uburezi
Mu burezi, umuntu utavuga menshi yakora neza imirimo nk’iyo muri bibliotheque/library ndetse na archivist.
7. Indi mirimo
Wiyiziho kubasha guhanga udushya, hari imirimo myinshi yindi wakora kandi itagusabye kujya kwirushya ukora ibitagushimisha bigusaba kwirirwa uvuga amagambo wishakishamo atakurimo. Muri byo hari :
  • Abanditsi bakuru b’ibitangazamakuru
  • Graphic designers
  • Abubatsi b’imbuga za internet (web developpers)
  • Umupigiste (freelance writer)
  • Industrial designer
  • landscape architech
  • Umwanditsi w’urukiko
  • ICT officer
Si ukuvuga ko iyi mirimo ikorwa gusa n’abatagira amagambo menshi (Shy people), ahubwo umuntu uteye atyo iyo mirimo yayibonamo cyane kandi akayikora anogewe. Si n’iyo gusa ariko, hari n’indi myinshi nawe watangaho ibitekerezo, bityo uwiyiziho amagambo make akamenya aho yakerekeza ashaka akazi.
USHA BYINSHI KURUTA IBYO USANZE AHA KANDA:http://www.umurimo.com

Wednesday, November 7, 2012

Manager

ALPHANY'S PROMOTER OF THIS SITE AND HIS MANAGER

bagezaho amakuru yize